Abagore b’intwari bamyeho kuva na kera. Ubwo twoba tukibafise

ABAGORE B’INTWARI: Ijambo ry’Imana riduha ibyitegererezo by’abagore beza babereye imigisha

imiryango yabo n’isi yose.

N’ubwo batatabaye ngo bajye mu ntambara, ariko

babyaye intwari, barazirera, zihesha icyubahiro izina ry’Uwiteka.

Ivyitegererezo :

*Yokebedi* (Nyina wa Mose) :

– Yabaye intangarugero mu burezi

– Yigishije abana be kubaha Imana

– Abatoza amakenga, kwiyanga no kwitangira abandi.

“Yamweretse ibyitegererezo biteye akaga bizaba bimugose, amukorera ibirenze

ibyo yakoreye abandi bana. Yamucengejemo gutinya Imana, gukunda ukuri no

gukiranuka, yasabaga Imana akomeje ngo izamurindire umwana kononekara

kwabaga i bwami. Yahishuriye umwana we ubugoryi no kwandura by’abasenga

ibigirwamana, amwigisha hakiri kare kumenya kwiyambaza Imana ngo ije imugoboka mu gihe cy’akaga. Yokebedi yagumanye uwo mwana imyaka cumi

n’ibiri. Uwo mwana ava mu ivundi ajya mu nzu ya cyami, ashyīrwa umukobwa

wa Farawo, amurera nk’umwana we, ariko ibyo Mose yigishijwe mu bwana

ntibyigeze bihanagurika mu bwenge bwe. Ahubwo zahindutse zo kumurinda

ubwibone n’ibibi byabonekaga muri ubwo bwami bw’indangare …

(Patriarches et

Prophètes, p. 222 ; Patriarchs and Prophets, p. 243-244)

*Hana* : Nyina wa Samweli (1 Samweli 1:20)

– Yari umugore ufite kwizera gutuje

– Yari afite kwera kugurumana

– Yihanganiye incyuro n’ishyari bya mukeba we

– Yamenye gutega amakiriro ku Mana

– Yari azi kwiyumanganya

– Yagize imihigo itivuguruza

“Buri mwaka Hana nyina wa Samweli yamudoderaga agakanzu akakamujyanira i

Shilo we n’umugabo we, bagiye gusenga. Muri utwo twenda twe duto

tw’urwibutso rw’ukuntu nyina yamwitagaho, buri kadodo kose kaherekezwaga

n’amasengesho. Ntiyigeze amusabira icyubahiro cyo ku isi, ahubwo ngo abe

uwera, umwiringirwa, uwita ku ngorane z’abandi. Yamwifurizaga gukomera

nyakuri gushingiye ku guhesha Imana icyubahiro no gukorera ibyiza bagenzi be.

Hana yabonye ingororano ikomeye. Icyitegererezocye kirimo inkunga ikomeye

ku mubyeyi wese utekereza inshingano Imana yamuhaye.” (Patriarches et

Prophètes, p. 560; Patriarchs and Prophets, p. 572).

*Abigayili* : muka Nabali

Abigayili yari umugore w’umunyabwenge washyingiwe ikigoryi. Ubwenge bwe

bwamubereye ubwugamo, bukiza ibye n’abe.

Yari azi kwifata neza no kuvuga neza

Yihanganiye kubana n’ikigoryi

Yari afite ubwenge buzi kureba kure

Yatesheje Dawidi icyaha cyo kumena amaraso (1 Samweli 25:32-34).

*SARA*: muka Aburahamu

– Yubahaga umugabo we, akicisha bugufi imbere ye. Yamufataga nk’umutware

we .

*Elizabeti* (Nyina wa Yohana Umubatiza) :

– yumviye amabwiriza yahawe n’Imana ya gahunda azakurikiza mu kurera

Yohana

– amurinda ibisindisha n’ibikangura umubiri

– amutoza imico myiza ituma Yohana ashimwa n’Imana n’abantu

– uburezi yahawe na Elizabeti bwatumye yuzuzwa Umwuka Wera uhereye

akivuka. (Luka 1:15 ; 80).

Si abo gusa, ahubwo hari abagore benshi babaye intwari ku nshingano zabo

zinyuranye.

Hari abagore benshi barimo Mariya Magadalena, Yowana muka Kuza,

Suzana batanze ubutunzi bwabo mu gufasha Yesu n’intumwa ze. (Luka 8:1-3)

Foyibe (Abaroma 16:1-2)

Yabaye umudiyakonikazi w’intwari mu gufasha intumwa za Yesu ngo zirangize

umurimo.

Pruskila muka Akwila yafatanije n’umugabo we guhugura intumwa

Apolo (Ibyakokzwe n’Intumwa 18:26).

7