Amakuru aravuga ko polisi muri Siriya yari imaze iminsi ihiga abiyahuzi batatu bagaba ibitero bakoresheje imodoka, bageragezaga kwinjira mu murwa mukuru.
Polisi yahagaritse imodoka ebyiri ariko iya gatatu yinjira mu rusisiro rwa Tahrir ahita yituritsa amaze kugotwa n’abapolisi.
Siriya imaze imyaka itandatu iri mu ntambara y’umwiryane, ariko Damas iracyagenzurwa na guverinoma.
Televiziyo ya leta yavuze ko abaterabwoba bari bateguye gutera ahantu hari abantu benshi mu murwa mukuru, ku munsi wa mbere w’akazi nyuma y’ukwezi kw’igisibo cy’abayisilamu cya Ramadani.
Amakuru aravuga ko abantu bagera kuri 12 bakomerekeye muri iki gitero cyo ku Cyumweru.
Umutirage uhaturiye yabwiye ibiro ntaramakuru APF ko yumvise « urusaku rw’amasasu my masaa 06:00 (03:00 ku isaha ngengamasaha GMT), nyuma haturika ibinntu byamennye ibirahuri bny’inzu hafi aho. »