Amafoto yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga arerekana umwotsi uzamuka mu kirere nyuma y’igitero
Abashinzwe umutekano muri Afuganisitani bari guhangana n’abarashi nyuma y’igitero cy’ubwiyahuzi kuri ambasade ya Iraki mu murwa mukuru Kabul.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yavuze ko abantu bane bagabye igitero batumbereye inzu ngari iherereye mu gace ka Shar-e-Naw.
Umwiyahuzi yyiturikirijeho igisasu cya bombe ku muryango w’inyubako ya ambasade, abandi batatu binjira mu gipangu. Nta makuru y’abakomeretse yatangajwe.
Umutwe wiyita uwakiyisilamu IS wigambye ko wagabye iki gitero.
Kabul yashegeshwe cyane n’ibitero by’ubwiyahuzi muri uyu mwaka, byashinjwe IS cyangwa aba Talibani.
Ambasade ya Iraki iri mu mujyi rwagati ahantu higanje amabanki ndetse n’amaduka akomeye
Abanyamakuru bakorera muri Afuganisitani baravuga ko iki ari igitero cya mbere kigabwe kuri ambasade ya Iraki. Kigabwe nyuma y’ibyumweru bibiri hizihijwe intsinzi yo gutsimbura IS mu mujyi wa Mosul muri Iraki.
Mu itangazo ryasohowe na minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, ryavuze ko abakozi bose ba ambasade bahungishijwe.
Umuvugizi wayo, Najib Danish, yagize ati:
« Inzego zacu z’umutekano ziri imbere kandi ibikorwa byo kuhatekanya byatangiye ».