
Urugamba rwo mu mujyi wa Ayadiya rwamaze igihe gito ariko rwari rukaze cyane
Minisitiri w’intebe wa Irake aravuga ko ingabo za Irake « zigaruriye neza neza » intara ya Nineveh yari mu maboko y’umutwe w’iterabwoba wiyita leta ya kisilamu.
Ni nyuma yaho zongeye kwigarurira akarere ka Tal Afar.
Bwana Haider al-Abadi yatangaje ibyo nyuma yaho uwo mutwe utsindiwe mu mujyi wa Ayadiya, aho abarwanyi bawo bari bahungiye bavuye mu karere ka Tal Afar.

Ingabo za Irake igihe zarasaga ibirindiro by’uwo mutwe hafi y’umujyi wa Ayadiya
Ubu umutwe w’iterabwoba wiyita leta ya kisilamu usigaranye gusa uduce ducye tw’umujyi n’utw’ubutayu duherereye hagati no mu burengerazuba bwa Irake.
Umutwe w’iterabwoba wiyita leta ya kisilamu wari warafashe igice kinini cya Nineveh, ndetse n’umurwa mukuru w’iyo ntara ari wo Mosul, guhera mu kwezi kwa gatandatu mu mwaka wa 2014.