Indoto nico zishobora gusigura kenshi.

INZOZI/INDOTO ZISOBANUWEN’UMUHANUZI/UMUKOZI W’IMANA.
1.Gukora ikizamini

ukagitsinda:mu nzozi cg.se mw’iyerekwa uba

utsinze ikibazo kikuri imbere.

2.Gukora ikizamini

ukagitsindwa:mu nzozi cg.se mu iyerekwa

bisobanuye ko uri injiji icyo kibazo

utazagishobora

kizakunanira naho wasenga gute igihe cyose

utaramenya ubusobanuro

bw’izo nzozi cg.

ubwoko bw’ intambara

urwana nazo, Imana nta

cyo yakumarira kugeza igihe uzamenyera

kurwana intambara zo mu

mwuka wifashishije

gusenga amasengesho

yo kwiyiriza ubusa hamwe no

gusoma ijambo ry’Imana(kuva mw’Itangiriro kugera mu Byahishuwe)

nta bwo uzakenera

abagusengera ahubwo

uzakenera ubusobanuro

bw’inzozi kugirango

umenye uko ugiye

kurwana urugamba rukuri

imbere.Urumva yuko mu

byo urimo gusoma byose

wongereho gukiranukira

Uwiteka Imana mu bibaho

byose n’ibintu byoroshye

cyane iyo wifatikanije

n’Imana ibitekerezo

byawe birahinduka

ugatangira gutekereza

nk’Imana kandi uri umuntu.

3.Gukuka amenyo:mu nzozi

cg.se mu iyerekwa

bisobanura ko uri bihanga/mapengu mu buryo bw’ Umwuka.

4.Gukurwa impigikirane:uba

ukuwemo amenyo y’ imvange mu buryo bw’Umwuka kugirango

amenyo yawe agaragare

neza mu buryo

bw’Umwuka.

5. Ifarasi: isobanura Malaika.

6.Igi ry’inkoko: rivuga ko baba

barakuroze

bakakuzingazinga

kugirango ntuzigere

ubona inzira wanyuramo.

Amagi y’inkoko

akoreshwa mu kuzinga/kuroga

umuntu runaka kugirango

ntazagere ku cyo

yagombaga kugeraho/yifuzaga.

Kugirango ubashe

kubohoka ni uko iryo gi

rimeneka mu buryo

bw’Umwuka! Bakoresha

amagi y’ibisiga cg.se ay’inkoko.

7.Igikoma/ubuyi nacyo gisobanura

amarozi.

8.Igiti:gisobanura

ubutegetsi.

9.Ihene:isobanura umwuka

w’ikinyoma.

10.Imbogo:ni abadayimoni

bakaze/bateye ubwoba.

11.Imisumari: isobanura

ububabare mu buzima bwawe.

12.Indege kumanuka igwa

hasi:bisobanura

ububyutse

bw’itorero. Kwinjira mu ndege

bisobanura urupfu!

13.Injangwe: isobanura

umujinya w’abarozi,

umujinya wuzuye inzika idashira, kuroga no kugira

nabi.

14.Inka:ni abadayimoni

basanzwe.

15.Inkoko:ni abadayimoni

boroheje bo guterekerera

abazimu cyangwa gutanga

urugimbu ukoresheje

amaraso y’inkoko

16.Intama,Intare: bisobanura

Kristo.Mbere yuko apfa

yitwaga umwana

w’Intama,amaze kuzuka

ibintu byarahindutse

yitwa Intare yo mu

muryango Dawidi.

17.Inyama mbisi: ni amagambo adafite umumaro.

18.Inyama zihiye: bisobanura

ubugambanyi

bugereranywa n’amarozi.

19.Inyanja: isobanura isi.

20.Inyoni aho ziva zikagera

zisobanura abadayimoni

utabariyemo “inuma ”

21.Inzoga ni ubusizi ubwari bwo bwose.

22.Inzoka: isobanura/ivuga

uburyarya, ubugome,

uburiganya, ubwicanyi.

23.Itabi: risobanura

amagambo yoroheje

24.Iyo urose perezida runaka

yagusuye ubona urimo muvugana: bisobanura ko

Imana iba yakugendereye

kuko ntawundi uba hejuru

ya perezida usibye Imana

yonyine.

25.Koga mu mazi agera mu

mavi, urukenyerero,

kwivuruguta mu mazi y’ibyondo: bisobanurako

ugiye guhura n’ikibazo

kitazagira icyo kigutwara.

26.Kugenda mu butayu bugufi: bisobanura nyine

ubutayu bukomeye.

27.Kugenda mu ishyamba:

bisobanura ubuhunzi.

28.Kumesa imyenda:

bisobanura kwihana no

gukiranukira Imana.

29.Kurota abapfuye

bisobanura inzika,cyane cyane uzajya ubona urota abawe

mwatandukanye muri jenocide cg. bishwe

muburyo utasobanukiwe

bisobanura:ko ababishe

bakigufitiye inzika bari

mu migambi yo ku kugirira nabi.

30.Kurota ubona utunganya

isambu y’iwanyu cg. y’ahandi hantu:ibyo

bisobanura ko uba umaze

kugirirwa ikizere n’Imana ikaguha ikibaya cyo

kwerekerwamo.

31.Kurota ujya kwituma(kujya kwa ntawutuma undi/ku musarane)

ibikomeye cg.se

ibyoroheje bisobanura

kubohoka uruzingo rw’amarozi umuntu warozwe ashyirwaho itara

rimenyesha abandi barozi

ko warozwe aho ugeze hose buri murozi ashobora kongeramo andi

marozi,ikindi iyo urimo kubohoka uwakuroze

arabimenya kuko wa mugisha baba baratwaye

utangira kubacika

ukugarukaho, icyo gihe bahita bajya kureba

abaganga bakomeye mu by’amarozi iyo udafite inzozi cg.se kwerekwa

ngo urebe ibyo bagiye kongera kugukorera

barongera bakisubiza wa

mugisha ugakomeza kuba

imbata n’imbohe yabo.

32.Kurota uroba amafi:

bisobanura umuhamagaro

wo gukorera Imana mu

muhamagaro

w’ivugabutumwa,

cg.se ubuhanuzi

cg.se kuzaba

umushumba.

33.Kurota usambana

bikananirana ko mugera

kugikirwa nyir’izina:

bisobanura ko gahunda urimo zitazagutunganira ibyo abanyamadini bigisha ko ngo bisobanura

abagore ba nijoro

cg.se abagabo ba

nijoro ibyo ni ikinyoma

cyambaye ubusa

cy’abafarisayo bigishwa

muri theology, urabona ko bitandukanye kure cyane nibisobanuro

by’ubuhanuzi.

34.Kurota utwaye imodoka:

bisobanura ubuyobozi

butangwa n’Imana.

35.Kurota wambuka ikiraro/urutindo or bridge

bisobanura ko ikibazo kije

imbere yawe uba

ugitsinze.

36.Kurota wiga amashuri

abanza(primary school):

bisobanura ikibazo kizamara igihe kinini.

37.Kurota wiga amashuri

yisumbuye (secondary

school):ni ikibazo

kirushijeho gukomera

kizamara igihe kirekire.

38.Kurota wiga kaminuza:ni

ikibazo gikomeye cyane kandi kizamara igihe

kirekire.

39.Kuva mucyobo kinini:

bisobanura kuva mukaga

gakomeye.

40.Kwambara ikabutura:ni

ugukorwa n’isoni

bigereranije

bidakanganye.

41.Kwambara ikariso yonyine

ugenda mu muhanda

bikojeje isoni, ariko kuba

ntacyo wambaye

birushijeho cyane.

42.Kwambara ipantaro

hejuru nta shati wambaye:

bisobanura isoni

zidakanganye.

43.Kwambara ubusa:bisobanura gukorwa n’isoni.

44.Ubonye uri mu nyanja urimo ukabona kugera ku nkombe biri kure yawe uzajye umenyako ko Kakubayeho, ushatse washaka aho waba werekeye,imwe mu migambi yawe ukaba

wayihindura, kuko ibyo bibazo bitazagusiga

amahoro.

45.Ubwato: busobanura

gutabarwa.

46.Umudayimoni wo mu bwoko bw’imbata:

ashinzwe kujya ateza ubukene anagukorera

buri munsi harassement/itotezwa.

47.Umugore umwe

asobanura itorero, iyo

bari kumwe n’abagabo

nta kibazo kiba kirimo.

48.Umugore urenze umwe(iyo ari benshi)

mu nzozi cg mu

iyerekwa bisobanura

abarozi.

49.Umuhanda wa kaburimbo:

Usobanura gukiranuka

cg.se inzira y’ukuri, umuhanda w’igitaka/ivumbi

usobanura inzira

y’ubuyobe,ivumbi

ku maguru cg.ku

nkweto wambaye bisobamura

gukiranirwa bikomoka ku muvumo!

50.Umusatsi: usobanura

ubwenge.

51.Urukwavu: rusobanura

ubwenge.

52.Urutoki/insina rusobanura

umurimo w’Imana.

53.Ushobora kwibona uri

muganga uvura abantu

batandukanye: ibyo bisobanura ko uzahabwa

impano zo gusengera

abarwayi maze bakazajya

bakira.

54.Kwerekwa wambaye slippers

(Kambambili) bisobanura:

amasengesho ya masaha [12] naho kubona ugendesha

ibirenge gusa: bisobanura

gusenga amasaha

[24 or 48] kimwe no kubona

umuriro utwika ariko ntukongore icyo urimo

gutwika bisobanura ko

amasengesho yawe

yagabanutse imbaraga

ubwo uba usabwa guhita

ukora amasengesho kandi akenshi werekwa ibyo iyo

inkozi z’ibibi/abagome

zaguhagurukiye zishaka

kwigarurira umugisha wawe. Kutubahiriza

amasaha yo kurangirizaho

amasengesho

ukayarangiza hasigaye

amasaha [2] cyangwa [1]

cyangwa iminota [30]

amasengesho yose uba wasenze ahinduka ubusa

usubira « square one » utangira bushya ukaba

waruhiye ubusa urasabwa

kwihanganira kurangiza

amasaha ya masengesho

kuko aho niho Satani aza

akakwereka ko kuba hasigaye isaha imwe

cyangwa abiri

ntacyo

byakwica ku masengesho

wakoze bityo akaba

arakuriganije ugategereza

ibisubizo ugaheba kuko

uba wananiwe kubahiriza

ibyo wiyemeje.

55. Kubyerekeranye

n’amasengesho nta mbabazi z’Imana zizamo

niyompamvu usabwa kurya ibyo kurya bitera

imbaraga mbere yuko utangira

amasengesho. Gukoresha

imiti yongera imbaraga

bifatwa nko gukoresha

ibiyobya bwenge

(Gurikoze pouder)

Hamwe na hamwe niyo

bakoresha 

kubagiye mu masengesho

ibyo bita mission ayo ntabwo ari amasengesh..

gusenga ni ukwitanga

ukababaza umubiri wawe

kugirango kamere icishwe

bugufiya maze umwuka w’Imana ashyirwe hejuru.

HEZAGIRWA!

MARK(am the sender not the Prophet)

 Shalom!