Woba uri mubahirwe? Soma abantu mirongo ine bahiriwe.

*ABANTU 40 BAHIRIWE*1. _ »Hahirwa umuntu Imana ihana, …_

Job 5:27

2. _Hahirwa umuntu udakurikiza imigambi y’ababi, Ntahagarare mu nzira y’abanyabyaha, Ntiyicarane n’abakobanyi._

Zabiri 1:1

3. _Hahirwa abamuhungiraho bose._

Zaburi 2:12

4. _Hahirwa uwababariwe ibicumuro bye, Ibyaha bye bigatwikirwa._

Zaburi 32:1

5. _Hahirwa umuntu Uwiteka atabaraho gukiranirwa, Umutima we ntubemo uburiganya._

Zaburi 32:3

6. _Hahirwa ishyanga rifite Uwiteka ho Imana yaryo, Ubwoko yitoranirije kuba umwandu we._

Zaburi 33:12

7. _Hahirwa uwiringira Uwiteka, Kandi ntahindukirire abibone cyangwa abiyobagiriza gukurikiza ibinyoma._

Zaburi 40:5

8. _Hahirwa uwita ku bakene, Uwiteka azamukiza ku munsi w’ibyago._

Zabiri 41:2

9. _Hahirwa umuntu utoranya ukamwiyegereza, Kugira ngo agume mu bikari byawe._

Zaburi 65:5

10. _Hahirwa ababa mu nzu yawe, Babasha kugushima ubudasiba._

Zaburi 84:5

11. _Hahirwa umuntu ugufitemo imbaraga, Hahirwa abafite mu mitima inzira zijya i Siyoni._

Zaburi 84:6

12. _Hahirwa ishyanga rizi ijwi ry’impundu, Uwiteka, rigendera mu mucyo wo mu maso hawe._

Zaburi 89:6

13. _Hahirwa abitondera ibitunganye, Hahirwa ukora ibyo gukiranuka iminsi yose._

Zaburi 106:3

14. _Hahirwa uwubaha Uwiteka, Akishimira cyane amategeko ye._

Zaburi 112:1

15. _Hahirwa ugira imbabazi akaguriza abandi, Agakora imirimo ye uburyo butunganye._

Zaburi 112:5

16. _Hahirwa abagenda batunganye, Bakagendera mu mategeko y’Uwiteka._

Zaburi 119:1

17. _Hahirwa abitondera ibyo yahamije, Bakamushakisha umutima wose._

Zaburi 119:2

18. _Hahirwa uwubaha Uwiteka wese, Akagenda mu nzira ze._

Zaburi 128:1

19. _Hahirwa ubwoko bumera butyo, Hahirwa ubwoko bufite Uwiteka ho Imana yabwo._

Zaburi 144:15

20. _Hahirwa ufite Imana ya Yakobo ho umutabazi we, Akiringira Uwiteka Imana ye._

Zaburi 146:5

21: _Hahirwa umuntu ubonye ubwenge, N’umuntu wiyungura kujijuka._

Imigani 3:13

22. _…hahirwa abakomeza inzira zanjye._

Imigani 8:32

23. _Hahirwa umuntu unyumvira, Akaba maso mu marembo yanjye iminsi yose, Agategerereza ku nkomo z’imiryango yanjye._

Imigani 8:34

24. _Hahirwa umuntu uhorana kubaha, Ariko uwinangira umutima azagwa mu byago._

Imigani 28:14

25. _ »Hahirwa umuntu wizera Uwiteka, Uwiteka akamubera ibyiringiro._

Yeremiya 17:7

26. _ »Hahirwa abakene mu mitima yabo, Kuko ubwami bwo mu ijuru ari ubwabo._

Matayo 5:3

27. _Hahirwa abashavura, Kuko ari bo bazahozwa._

Matayo 5:4

28. _Hahirwa abagwa neza, Kuko ari bo bazahabwa isi._

Matayo 5:5

29. _Hahirwa abafite inzara n’inyota byo gukiranuka, Kuko ari bo bazahazwa._

Matayo 5:6

30. _Hahirwa abanyambabazi, Kuko ari bo bazazigirirwa._

Matayo 5:7

31. _Hahirwa ab’imitima iboneye, Kuko ari bo bazabona Imana._

Matayo 5:8

32. _Hahirwa abakiranura, Kuko ari bo bazitwa abana b’Imana._

Matayo: 5:9

33. _Hahirwa abarenganyirijwe gukiranuka, Kuko ubwami bwo mu ijuru ari ubwabo._

Matayo 5:10

34. _…hahirwa uwizeye, kuko ibyo yabwiwe n’Umwami Imana bizasohora. »_

Luka 1:45

35. _…hahirwa abumva ijambo ry’Imana bakaryitondera. »_

Luka 11:28

36. _Hahirwa abagaragu shebuja azaza agasanga bari maso._

Luka 12:37

37. _Hahirwa umuntu wihanganira ibimugerageza, kuko namara kwemerwa azahabwa ikamba ry’ubugingo, iryo Imana yasezeranije abayikunda._

Yakobo 1:12

38. _Hahirwa usoma amagambo y’ubu buhanuzi, hahirwa n’abayumva bakitondera ibyanditswe muri bwo, kuko igihe kiri bugufi._

Ibyahishuwe 1:3

39: _…hahirwa abapfa bapfira mu Mwami wacu.’  » Umwuka na we aravuga ati »Yee, ngo baruhuke imihati yabo, kuko imirimo yabo ijyanye na bo ibakurikiye. »_

40. _’Hahirwa abatorewe ubukwe bw’Umwana w’Intama.’_

Ibyahishiwe 19:9