Umunyamategeko wunganira umukuru w’abatavuga rumwe na leta muri Tanzania, Zitto Kabwe, aravuga ko yatawe muri yompi.Biravugwa ko ashinjwa kuba yaravuze amagambo agamije gutuma abaturage bigomeka ku butegetsi muri meeting aherutse gukorera mu mujyi wa Dar-es Salaam.
Stephen Ally Mwakibolwa aravuga ko uwo yunganira mu mategeko atari yashinjwa ku mugaragaro ariko ngo yahaswe ibibazo.
Bwana Kabwe ni umudepite mu nteko nshingamategeko akaba n’umukuru w’ishyaka rya Wazalendo rihanira ko mu gihugu haba amahinduka n’ibintu bigakorwa mu mucyo.
Imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ishinja leta ya Perezida John Magufuli kubangamira ukwishyira ukizana kw’abanyapolitiki.