Amakuru tukesha umunyamakuru w’umunya Rwanda ari muri Gikongoro. Ati: « ibintu birakomeye, twiteguye imvura y’amasasu n’amabombe. Ubu tuvugana ndi ahantu bita ku Gikongoro, abasirikare benshi n’intwaro nini n’intoya ni urunyurane, ibisasu bibiri bimaze gutegurwa hafi y’aho mperereye, imikwabo yo kuyora abadafite ibyangombwa, uburoko buruzuye, imirwano muri nyungwe irakomeje. Ubu ikigezweho ni amakuru yo kwimura abaturage bose bakikije ishyamba rya nyungwe babigize hino. Ikigaragara cyo kandi cyumvikana ni ubwoba bwinshi mu basilikare n’aba siviles. Andi makuru
Namenye ni itoroka rya bamwe mu basirikare barungitswe i Nyaruguru bagera kuri 60 bikaba bikekwa ko bagannye iyo mu ngabo za CLN. Andi makuru n’uko morare ari yose mu baturage bifuza ko abateye basonga mbere bakifatanya nabo mu kwigobotora, mu gihe benshi biyemeje kuba abambere mu kwakira abarwanyi bariho barusesekaramo.