Kuba Agathon Rwasa atangiye gushinjwa kuba inshuti ya Gen. S. Makenga na M23 bihatse iki ?Mu gihe mu karere hakomeje kuvugwa amakuru yo kongera kwisuganya k’umutwe wa M23, mu gihugu cy’u Burundi haravugwa ko inzego z’umutekano zihanze amaso abo bivugwa ko bahoze bakorana n’umuyobozi wa gisirikare w’uyu mutwe, Gen. Sultan Makenga. Abo bari gukurikiranirwa hafi ngo akaba ari ishyaka MSD rya Alexis Sinduhije ndetse na Agathon Rwasa, Visi perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi.
Iyi nkuru dukesha urubuga rwo mu Burundi, AGNews, iravuga ko inzego z’umutekano z’u Burundi ziryamiye amajanja nyuma yo kongera kuvugwa abarwanyi ba M23 muri Kivu, aho ngo izi nzego ziri gukorana bya hafi kandi bihoraho na ba guverineri ba Kivu zombi n’abayobozi bakuru ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Iyi nkuru kandi iragaruka ku mubano w’u Burundi n’u Rwanda ivuga ko wifashe nabi kubera ko u Burundi bufata u Rwanda nk’umugambanyi rufatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bufaransa, u Bubiligi ndetse n’uwahoze ari perezida w’u Burundi, Pierre Buyoya.
Abarundi bivugwa ko bahoze bashyigikiye M23, ngo kuri ubu bari mu Burundi bari guhozwaho ijisho ku buryo bwo hejuru. Muri aba haravugwamo urubyiruko rw’ishyaka MSD rya Alexis Sinduhije, ngo rwari rwaragiye muri M23 ndetse n’abo mu ishyaka rya FNL rya Agathon Rwasa, kuri ubu wungirije perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi.
Iyi nkuru irakomeza ivuga ko Agathon Rwasa yahoze ari inshuti ya Gen Makenga n’abarwanyi be bo muri M23. Ni mu gihe abayoboke ba Agathon Rwasa muri iyi minsi bakomeje gutabaza bavuga ko bari guhohoterwa n’ubutegetsi bw’u Burundi.
Leta y’u Burundi yo ivuga ko ifite inshingano zo kurinda Abarundi ibikorwa byose yise iby’iterabwoba kuko ngo inyeshyamba za M23 zagarutse mu karere kandi ngo zimaze kwica abantu benshi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Dusubiye inyuma gato, ihuriro Amizero y’Abarundi, ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ari muri guverinoma ari naryo ishyaka FNL rya Agathon Rwasa ribarizwamo, kuwa 29 Werurwe ryatangaje ko abayoboke babo bagera kuri 60 batawe muri yombi bazira ubusa hagati y’itariki 20 na 26 Werurwe.
Uhagarariye iri huriro, Pierre Celestin Ndikumana, akaba yaravuze ko ibi bikorwa n’abagize inzego z’ubutasi bafatanyije n’insoresore zo mu ishyaka riri ku butegetsi, CNDD. Yakomeje ashinja uru rubyiruko ruzwi nk’Imbonerakure, gukora ibyo bikorwa rwigize nk’abapolisi kandi ngo abategetsi bamwe bo mu butabera bagira uruhare muri iryo tabwa muri yombi.
Umuvugizi wa minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Therance Ntahiraja ariko we ahakana ibyo birego, akavuga ko abatera akajagari badatabwa muri yombi hitawe ku mashyaka bavamo, mu gihe umuvugizi wa CNDD nawe abihakana avuga ko CNDD-FDD ibanye neza n’andi mashyaka.