*INSHINGANO Z’ABADAYIMONI MURI IYI MINSI.*☆Guteza abantu ibibazo by’insobe, ku buryo babemeza ko Imana yabo yabakuyeho amaboko, babashinyagurira.
☆Guteza abantu kuryana no gusubiranamo, bagahangana.
☆Guteza amatorero kuba amasenga y’abambuzi.
☆Gukundisha abantu imihango y’idini, kubirutisha Imana.
☆Guteza abantu irari ry’ubusambanyi ridasanzwe.
☆Gukundisha igitsina -gore imyambaro iteye isoni ibambika ubusa, abantu bakareba isoni z’ubwambure bwabo.
☆Gukundisha abantu imikino mibi :urusimbi, ibibuguzo, dame, amakarita, na biyari, bikurura ubunebwe n’uburara.
☆Gukundisha abantu ubusambanyi no kubateza ubutinganyi.
☆Kumenyereza abantu icyaha cy’ubusambanyi, no kubakundisha agakingirizo birindisha imibiri yabo ibirwara by’ibyorezo, ariko bakirekurira mu cyaha, ntibatinye Imana.
☆Gutyaza irari ry ‘abantu, umururumba no kutanyurwa.
☆Guteza abantu kwikinisha, kurarikira cyane ubusambanyi.
☆Kwicaza abantu ku gatebe k’ivangura -moko n’uturere.
☆Guteza abakobwa kugumirwa, bakaberekeza mu bapfumu.
☆Guteza abagore ubugumba, no kubashora mu bapfumu.
☆Gukundisha abantu kubeshya no kubamenyereza ikinyoma.
☆Guteza abantu bose irari ry’ubutunzi bw’isi bakanga imiburo Imana itanga ibinyujije mu ijambo ryayo.