Perezida wa Amerika Donald Trump yagejeje ijambo ku idini ya Isilamu muri Arabia Saudite aho ari mu ruzinduko kuva kuwa gatandatu.Iri jambo rarigejeje ku bari mu inama y’ibihugu byinganjemo abayisilamu mu murwa mukuru Riyadh.
Perezida Trump yavuze ko ibihugu byiganjemo abayisilamu bigomba gufata iya mbere mu kurwanya ubuhezanguni.
Bwana Trump yavuze ko adashaka gutegeka abandi kubaho nk’abanyamerika.
Yongeyeho ko icyo agamije ari amahoro, umutekano n’imibereho myiza y’abaturage.
Trump kandi yavuze ko abantu benshi baguye mu bikorwa by’iterabwoba bari mu bihugu by’abarabu.
Perezida Trump yanasabye abayobozi b’ibihugu by’abarabu n’ibihugu byiganjemo abayisilamu gufata iya mbere mu kwirukana iterabwoba mu bihugu byabo.
Bwana Trump yabanje kubonana n’abayobozi b’ibihugu by’abarabu ku giti cyabo – barimo Perezida Sisi wa Misiri n’umwami wa Bahrain.
Trump n’umugore we bageze i Riyadh kuwa gatandatu mu gitondoUwufise ububasha kw’isanamuAFP
Trump n’umugore wiwe bageze i Riyadh kuwa gatandatu mu gitondo
Ibyemezo bya Perezida Trump byo kubuza abagenzi bava mu bihugu birindwi byiganjemo abayisilamu byarakaje benshi mu bihugu byinganjemo idini ya Kiyisilamu.