Igitero cy’intagondwa ku mpunzi muri Nigeria

Boko Haram yatangiye kugaba ibitero muri Nigeria kuva mu 2009.

Muri Nigeria, intagondwa z’abayisilamu zikekwaho kuba ari izo mu mutwe wa Boko Haram zaraye zigabye igitero ku nkambi y’abavanywe mu byabo n’imirwano iri ahitwa Ngala hafi y’umupaka icyo gihugu gisangiye na Cameroon.

Umutwe witwaje intwaro wo kwirinda w’abaturage wavuze ko izo ntagondwa zaje mu makamyoneti abiri maze zirasa ibisasu bya roketi byakurikiwe n’amasasu.

Iyo nkambi yubatswe mu kwezi kwa mbere k’umwaka ushize kugirango yakire impunzi z’abanya Nigeria zibarirwa mu bihumbi 80 zari zarahungiye imirwano.

Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ku isi, Amnesty International, uvuga ko ibitero bya Boko Haram byiyongereye ku buryo kuva mu kwezi kwa kane muri uyu mwaka abantu hafi magana ane bamaze kwicwa.